Thursday, January 23, 2020

ONGERA WIYEREKANE



Matayo 14:30 Ariko abonye umuyaga ko ari mwinshi aratinya, atangiye kurengerwa arataka ati “Databuja nkiza.”

Petero yarebye uburebure bw’inyanja no gusuma kwayo ahagarika umutima.Mu by’ukuri mu maso y’umubiri asanzwe yabonaga urupfu, maze ubwoba buramutaha avuza induru nkanjye nawe n'abandi! maze arambura amaboko arataka ati ''ndarengewe!''.

- Ese nawe ujya utaka ? 

- Hanyuma iyo utatse utakira nde ?


Zab 10:1 Uwiteka, ni iki kiguhagaritse kure?Ni iki gitumye wihisha mu bihe by'amakuba no mu by'ibyago?

Benshi mubihe bigoye Dukunda gusenga iri sengesho tubona ko Imana iri kure yacu tukitotomba,ariko ndifuza kukwibutsa ko Imana ijya yemera ko tujugunywa mu rwobo kandi Intare tukararana nazo ndetse zikaba Inshuti zacu kandi mubisanzwe twari ibiryo byazo! Ariko hirya y'ibijigo by’Intare habitse ubugingo hari ubutware no kwicarana n'ibikomangoma.

*Icyo nkundira Imana ntijya ijya kure yacu iba hafi yacu kuruta imyenda twambaye kandi hafi cyane nk'aho wakorakora

Erega dufite ubutunzi bukomeye! kuba ufite Imana kandi ubyizera ko muvugana byonyine ni ubutunzi, kuko muri Matayo 13:16 handitse ngo“Ariko amaso yanyu arahirwa kuko abona, n'amatwi yanyu kuko yumva, Ndababwira ukuri, yuko abahanuzi benshi n'abakiranutsi bifuzaga kureba ibyo mureba ntibabibone, no kumva ibyo mwumva ntibabyumve._ 

Ndasaba ngo Imana yongere yiyerekane nk'uko yabigenje cyagihe uko byabaye utabizi Abe ariko yongera kubigenza mugihe nk'iki.

Inyigisho yateguwe na Ev. Caleb J. UWAGABA
Email: agacaleb@gmail.com
Talk to me Initiative (Nganiriza inisiyative)