Sunday, December 27, 2020

Ubw’Umwami Yesu ankunda Nd’ AMAHORO. indirimbo y’ 125

Ubw’Umwami Yesu ankunda Nd’ amahoro kubw’imbabazi ze Nyinshi Ndi AMAHORO . indirimbo y’ 125. 

Umunyamerika wiberagaho mu buzima busanzwe Jean Patty Muri reta ya Colorado ku myaka 15 gusa yafashwe n’ubwoko bw’indwara y’amaso bituma ahuma ntiyongera kureba. nyuma yaje gukunda umukobwa ariko ntiyagira amahirwe yo kumureba hashize umwaka bashyingiranywe baje kubyara umwana w’umuhungu gusa Jean ntiyagira amahirwe yo kubona umugore we n’umwana 

Haje kuza uburyo bwavumbuwe n’abahanga butuma wambara indorerwamo maze ukabasha kureba mugihe gito Bwana Jean ari muba mbere bakoreweho ubushakashatsi, bamwambitse indorerwamo baramubaza ngo urumva Umeze ute? Yarasubije n'amarira menshi ati: “Ndumva mfite AMAHORO

Kubara 6:26 Uwiteka akurebe neza, aguhe amahoro.’ amahoro nicyo kintu ukeneye kuruta ibindi byose utekereza ko waba ukeneye mu isi. Yesu niwe ushobora kuguha amahoro byuzuye. 

Umwaka wa 2020 urimo gusaza harabura Iminsi mike cyane, isi muri rusange yabuze amahoro bitewe nibintu byinshi bitandukanye ubushakashatsi bwerekana ko abantu 48,724 bapfa bazize indwara z’umutima ndetse n’umuvuduko wa amaraso ( Cardiovascular diseases) naho abasaga miliyoni 9 bicwa n’inzara ku isi yose muri 2020. Ibi byose byashyize ubuzima bwacu mu gicu cyo kubura amahoro. 

aha kandi ntitwakwibagirwa icyorezo cya corona Virus (COVID-19) kimaze kuzahaza ubukungu ubuhahirane, ingendo, ubuzima bw'abenshi bumaze kuhatikirira ku buryo abahanga barara amajoro bashakisha icyatuma isi yongera gusubirana ubuzima n'amahoro yahoranye nibura byagahenge ariko n'ubundi byose bidusiga nta amahoro dufite mu buryo bwuzuye. 

Ariko ngufiteye ijambo ngo ubwo bimeze bityo nkaba ngihumeka nkaba ntari kwa muganga cyangwa niyo naba ndiyo ariko nkaba nkibasha kuvugana nabanjye nkaba ntari mu mubare wa bibukwa buri mwaka, Umwami Yesu arankunda Ndi AMAHORO. Ese ubuze amahoro?, Ese urashaka amahoro?, ntahandi ushobora kuyabonera hatari mu kwisunga Imana. 

Yesu ubwe yararebye abonye neza ko ibyo yashakaga kuduha byose abirangije ati  Mbasigiye amahoro, mbahaye amahoro yanjye. Sinyabahaye nk’uko isi iyatanga. Ntimukuke umutima kandi ntimugire ubwoba. Yohani 14:27 iyo aza kubona ko dukeneye amafaranga cyangwa inzu nziza yari kuvuga ati bana banjye nimwakire inzu,, n'ibindi ariko ati mbahaye AMAHORO.

Uyumunsi nawe Gira abantu batanu wifuriza amahoro.
mbifurijwe umwaka mushya muhire wa 2021 muzawugiremo ibyiza byose byo kwifuzwa ikiruta byose Imana izabahe amahoro yo mu mitima. 

Iyi nyigisho yateguwe na Ev. Caleb.J.U
Email: agacaleb@gmail.com
Talk to me Initiative (Nganiriza Inisiyative)