Friday, March 13, 2020

IN THE MIDST OF COVID 19 "MUBIHE NK’IBI COVID 19” By Ev. Caleb


Isi yose muri rusange ihangayikishijwe n’icyorezo cyahereye mugihugu cy’ubushinwa maze mukanya nkako guhumbya gikwira isi yose kidasimbutse umugabane n’umwe,  kimaze kugera mu bihugu 118 ku isi.

Ubu ijambo CORONAVIRUS COVID 19 ni ryo ririmo kwandikwa inshuro nyinshi kumbuga nkoranyambaga zitandukanye, aho kandi arenga miriyari 400 z'amadorari (400$Billion) niyo  kampani (Company) zikomeye ku isi zimaze guhomba.

muri leta zunze ubumwe z'amerika Dr. Lawler yatangaje ko hagati 200,000 kugera kuri miriyoni 1.700,000 bashobora kwandura naho . 480,000 bahitanywa niki cyorezo,  hatagize igikorwa, Nkuko tubikesha urubuga rwa www.worldmeters.info. Abasaga 145,341, naho 5,416 bamaze Kwitaba Imana 70,931 barazanzamutse Ku isi yose. iyi mibare iragenda ihinduka buri nyuma yamasegonda 20''.
Kugeza ubu no murwanda nkuko tubikesha Itangazo rya Ministeri y’ubuzima Imanaze kuhagera

Abenshi byatangiye bumvako ari ibya bariya wenda bitabareba cyangwa bitazabageraho nyamara kugeza ubu amakuru ahari yemezwa nibitangazamakuru bikomeye kw’isi yemeza ko na Ministiri w’ubuzima mugihugu kigihangange Ubwongereza yamaze gushyirwa mu kato kuko basanze yanduye! Umutoza w’ikipe ikomeye kw’isi nka Arsenal byemejwe yanduye abaturage batabarika mu byiciro byose bahagaritse umutima kubera COVID 19 CORONAVIRUS 

twibaze ikibazo Ese koko tujya tuzirikana uruhare rw’Imana mubihe nk’ibi ? 

Mubihe nk’ibi utekereza iki uramutse ubaye umukandida w’urupfu? 

Nkuko bigaragara ntahantu nahamwe kw’isi harinzwe hari umutekano kuburyo utagerwaho Ese uzirikana ko isaya iyariyo yose wapfa? Hanyuma mubihe nkibi wajyahe nyuma y’ubu buzima? abantu benshi babayeho nkaho bazi neza ko ejo bazaramuka nyamara byaba ari ukwibeshya cyangwa kwirengagiza ukuri kw'ibiriho. nkuko twabibonye mu mibare iri hejuru. 

Zab 91:1 Uba mu rwihisho rw'Isumbabyose,Azahama mu gicucu cy'Ishoborabyose. Zab 91:2 Ndabwira Uwiteka nti“Uri ubuhungiro bwanjye n'igihome kinkingira,Imana yanjye niringira.” Zab 91:3 Kuko ari we uzagukiza ikigoyi cy'umugoyi,Na mugiga irimbura.

Ndagirango nkwibutseko Indwara Yose Ikomoka kuri virus akenshi Itagira umuti n’urukingo Gusa bavura Ibimenyetso, Urugero Umuntu Urwaye Ibicurane (Grippe) Afungana Amazuru Agapfuna Buri mwanya 
Akitsamura hari Igihe ashobora kugira Umuriro Ndetse Akaba yababara mumihogo bityo rero umuntu Avura Agabanya Ibimenyetso naho Virus Nta Muti ubasha kuyica. 

Nyuma yibi byose ukeneye ko mugihe nk’iki Yesu aba igisubizo Kibyo wibaza Byose kuko haranditswe ngo: Yohani 14:6 Yesu aramubwira ati “Ni jye nzira n'ukuri n'ubugingo: nta wujya kwa Data ntamujyanye.


Abaroma 10:9 Niwatuza akanwa kawe yuko Yesu ari Umwami, ukizera mu mutima wawe yuko Imana yamuzuye uzakizwa,

Iyi nyigisho yateguwe na Ev. Caleb. J. UWAGABA
Talk to me Initiative (Nganiriza Inisiyative)

Saturday, March 7, 2020

BAHINDUYE IZINA ARIKO. NTIBAHINDUTSE (IGICE CYA 2 NI CYA 3) By Dr. Fidele Masengo


NONE SE WAHINDUTSE KUKI? (Abaroma 12:2)

Nyuma y'inyigisho y'ejo benshi bagiye banyandikira babaza ko nzakomeza uyu mutwe w'ijambo. Nk'uko nari nabivuze iyi nyigisho irakomeza.

Uno munsi ndavuga ku bisobanuro byo  "guhinduka".

Ijambo "guhinduka" rikoreshwa muri kiriya cyanditswe riva mu rurimi rw'urugiriki "metamorphosis" biva mu nshiga "metamorphoo" bivuga gufata indi shusho. Niryo ryakoreshejwe bavuga ukuntu "amazi" yabaye "vino" I Kana. Ni naryo ryakoreshejwe Yesu arabagirana imbere y'abigishwa (Mat. 17:1-2).

Paholo akoresha ririya jambo, yavugaga impinduka mu mico, no mu myitwarire (conduct and character).

Guhinduka ntabwo ari ikintu twikorera ubwacu ariko ni ikintu twemera ko kitubaho. Uwakijijwe yemerera Imana kumuhindura binyuze mu Ijambo ry'Imama rya buri munsi, mu gusenga ndetse no kwera imbuto. Iyo ibi bibaye, nibyo Paholo yita kuba icyaremwe gishya
(2 Kor. 5:17).

Nyuma yo gutanga ibi bisobanuro, ndabaza buri wese wasomye ubu butumwa icyo gukizwa byahinduye muri we.

Niba wari usanzwe urakara vuba, uvugira hejuru, urwana, utukana, usambana, usinda, wiba, ubana nabi n'uwo mwashakanye, ushwana n'abaturanyi, ubeshya, ukwiza ibihuha, ucuragura, uroga, wivumbura, usebanya, urarikira, etc. Ukaba ukibyiberamo na nyuma yo gukizwa, ubwo umuntu yakwibaza ngo "wakijijwe iki"?, wahindutse ute?


Umugore wawe abayeho mu bwoba buhoraho, Umugabo wawe abayeho mu gahinda, abaturanyi barakwiganya, abana warabahahamuye, uri indaya wasenye ingo z'abandi, ku kazi wigize intare, abantu bose muri Quartier ntawe ugera iwawe kubera ibyo uvugwaho...None se wakijijwe iki?

Fata umwanya utekereze ku mpinduka nyayo Imana ikwitezeho.


BARAHINDUKIYE ARIKO NTIBAHINDUTSE

(IGICE CYA 3: INTEGO YO GUHINDUKA)

Ubukristo bushingiye ku bushake bwo guhinduka icyaremwe gishya kandi kwera imbuto z'abakristo biva ku guhinduka. Umukristo utagira intego yo guhinduka ntazi neza ibisobanuro by'agakiza. Kugera mu ijuru kwe byaba ari impanuka.

1. Umukristo asabwa gusa na Kristo ndetse no guhinduka nkawe.

Iki ni kimwe mu bintu biranga abakristo (abigishwa). Yesu ubwe yavuze ko iyo umwigishwa atunganye amera nk'umwigisha we(Luka 6:). Si Yesu wabivuze gusa, Paholo yavuze ko mu mugambi w'Imana hali ko umuntu agomba gusa na Kristo (Abaroma 8:29). Ni nabyo Paholo yakunze kwigisha mu nzandiko ze (2 Korinto3:18) ahugura abantu kwitandukanya.

2. Kubaho nka Yesu n'iyo mpinduka nyayo Imana itwitezeho.


Ibi nibyo bigaragaza imyemerere n'ibyiringiro yacu. Birababaje kubona abashumba, abaririmbyi, intumwa, abakristo ariko badasa na Kristo. Rero iyo umuntu akijijwe ntase na Yesu kd ntabeho nka Yesu, aba akiri uwo gushidikanywaho mu gakiza.


Ibibazo nkwibariza:

 Mu muryango, mu mudugudu utuye, mu rusengero ubamo, mu kazi ka buri munsi ubamo, baba bajya bagusomamo gusa na Yesu? Mbese ubaye ho nk'uko Yesu yari kuba abayeho?

Isuzume!

Mugire umunsi mwiza.



Devotion shared by Dr. Fidele Masengo,

The CityLight Center
Foursquare Gospel Church



Email: agacaleb@gmail.com

Talk to me Initiative (Nganiriza inisiyative)