Friday, March 13, 2020

IN THE MIDST OF COVID 19 "MUBIHE NK’IBI COVID 19” By Ev. Caleb


Isi yose muri rusange ihangayikishijwe n’icyorezo cyahereye mugihugu cy’ubushinwa maze mukanya nkako guhumbya gikwira isi yose kidasimbutse umugabane n’umwe,  kimaze kugera mu bihugu 118 ku isi.

Ubu ijambo CORONAVIRUS COVID 19 ni ryo ririmo kwandikwa inshuro nyinshi kumbuga nkoranyambaga zitandukanye, aho kandi arenga miriyari 400 z'amadorari (400$Billion) niyo  kampani (Company) zikomeye ku isi zimaze guhomba.

muri leta zunze ubumwe z'amerika Dr. Lawler yatangaje ko hagati 200,000 kugera kuri miriyoni 1.700,000 bashobora kwandura naho . 480,000 bahitanywa niki cyorezo,  hatagize igikorwa, Nkuko tubikesha urubuga rwa www.worldmeters.info. Abasaga 145,341, naho 5,416 bamaze Kwitaba Imana 70,931 barazanzamutse Ku isi yose. iyi mibare iragenda ihinduka buri nyuma yamasegonda 20''.
Kugeza ubu no murwanda nkuko tubikesha Itangazo rya Ministeri y’ubuzima Imanaze kuhagera

Abenshi byatangiye bumvako ari ibya bariya wenda bitabareba cyangwa bitazabageraho nyamara kugeza ubu amakuru ahari yemezwa nibitangazamakuru bikomeye kw’isi yemeza ko na Ministiri w’ubuzima mugihugu kigihangange Ubwongereza yamaze gushyirwa mu kato kuko basanze yanduye! Umutoza w’ikipe ikomeye kw’isi nka Arsenal byemejwe yanduye abaturage batabarika mu byiciro byose bahagaritse umutima kubera COVID 19 CORONAVIRUS 

twibaze ikibazo Ese koko tujya tuzirikana uruhare rw’Imana mubihe nk’ibi ? 

Mubihe nk’ibi utekereza iki uramutse ubaye umukandida w’urupfu? 

Nkuko bigaragara ntahantu nahamwe kw’isi harinzwe hari umutekano kuburyo utagerwaho Ese uzirikana ko isaya iyariyo yose wapfa? Hanyuma mubihe nkibi wajyahe nyuma y’ubu buzima? abantu benshi babayeho nkaho bazi neza ko ejo bazaramuka nyamara byaba ari ukwibeshya cyangwa kwirengagiza ukuri kw'ibiriho. nkuko twabibonye mu mibare iri hejuru. 

Zab 91:1 Uba mu rwihisho rw'Isumbabyose,Azahama mu gicucu cy'Ishoborabyose. Zab 91:2 Ndabwira Uwiteka nti“Uri ubuhungiro bwanjye n'igihome kinkingira,Imana yanjye niringira.” Zab 91:3 Kuko ari we uzagukiza ikigoyi cy'umugoyi,Na mugiga irimbura.

Ndagirango nkwibutseko Indwara Yose Ikomoka kuri virus akenshi Itagira umuti n’urukingo Gusa bavura Ibimenyetso, Urugero Umuntu Urwaye Ibicurane (Grippe) Afungana Amazuru Agapfuna Buri mwanya 
Akitsamura hari Igihe ashobora kugira Umuriro Ndetse Akaba yababara mumihogo bityo rero umuntu Avura Agabanya Ibimenyetso naho Virus Nta Muti ubasha kuyica. 

Nyuma yibi byose ukeneye ko mugihe nk’iki Yesu aba igisubizo Kibyo wibaza Byose kuko haranditswe ngo: Yohani 14:6 Yesu aramubwira ati “Ni jye nzira n'ukuri n'ubugingo: nta wujya kwa Data ntamujyanye.


Abaroma 10:9 Niwatuza akanwa kawe yuko Yesu ari Umwami, ukizera mu mutima wawe yuko Imana yamuzuye uzakizwa,

Iyi nyigisho yateguwe na Ev. Caleb. J. UWAGABA
Talk to me Initiative (Nganiriza Inisiyative)

1 comment: