Thursday, June 25, 2020

Impamvu 3 ugomba kuyoboza Imana Inzira by Ev. Caleb

Ujya ugera mu mayira abiri maze ukumva ushidikanije inzira unyuramo hahandi uba wibaza uti nkomeze I buryo cyangwa i bumoso? Ibi si wowe wenyine bibaho ahubwo navuga ko biba kuri buri umwe, ariko muri byose ntukihute ngo nuko inyuma yawe hari ibigukurikiye akenshi duterwa ubwoba naho tuva ndetse dugahangayikira aho tujya kuko tuba tutahazi ariko se dukwiriye gukora iki mugihe bimeze bitya? mugihe cya none ndetse ni kizaza uzapfukame uyoboze Imana inzira yo kunyuramo, Imana iba bugufi bwacu nkaho gukabakaba umuririmbyi we yavuze neza ko iba bugufi bwacu kuruta umwambaro twambaye, ukwiriye kwibuka ko nta muntu n’umwe Imana itumva isengesho rye! Ahubwo akenshi tuyibaza twageze aho tujya aho kuyiyoboza inzira yo kunyuramo!

Dore impamvu zifatika ukwiriye kuyoboza Imana inzira:

1.     Imana n’umwizerwa
Imana mugihe yahaga Aburamu isezerano ry’uko azaba sekuruza w’amahanga ntabwo yumvaga neza ibyo arimo Dusomye Itangiriro, 12:3 Kandi nzaha umugisha abakwifuriza umugisha, kandi uzakuvuma nzamuvuma, kandi muri wowe ni mo imiryango yose yo mu isi izaherwa umugisha. ndetse arakomeza naho imuhereye umwana w’umuhungu isaka imusaba ko uwo mwana wari ikinege kuri Aburamu na Sarayi amutangaho igitambo, Itangiriro 22:1 (Hanyuma y’ibyo, Imana igerageza Aburahamu iramuhamagara iti “Aburahamu.” Aritaba ati “Karame.”) uribaza iki kizere Abraham yasabwaga ku girira Imana imbaraga byamusaba ese niyo wagira inshuti, umubyeyi, umufasha, cyangwa undi wese umwizera bingana bite? hejuru y’icyo kizere umugirira hakwiriye kuza Imana kuko baravuga ngo uyibitsa ibanga ntirimene, mwagendana ntigusige.

2.     Imana ntibeshya

Itangiriro 15:1(Aburamu yizera Uwiteka; Uwiteka amusezeranya isezerano) Itangiriro 17:4 (“Dore isezerano ryanjye ubwanjye ndariguhaye, nawe uzaba sekuruza w’amahanga menshi.) nkunda kuvuga ngo” Imana ntibeshya nubwo ibeshyerwa, akenshi muri sosiyete zacu usanga abantu bakubwira ngo Imana yavuze ibi n’ibi ariko ndagirango nkwibutseko iyo ariyo ubwayo yabivuze ntishobora kuvuga ibidaturutse mukuri kwayo. ubwayo ibyo ivuga iranabisohoza ntakabuza, ubuzima bwacu bukwiriye kwizirika ku mana kuko niyo ibyo yagusezeranije byatinda amaherezo birasohora.

3.     Imana niyo yonyine izi ibiri imbere yacu:

Mu buzima bwacu dukunda gushaka kumenya ibizaba ejo niho usanga kenshi abantu bakunda ababahanurira ngo babawire ibizaba ejo bibiliya abo yitaga ba bamenya, uburyo umuntu aremye, abayeho mukugirira amatsiko ibizakurikiaho hanyuma ndagirango nkumare Impungenge, ko ibyo utekereza byose ukwiriye kwibuka ko Imana ariyo yonyine izi ibizaba ejo ninayo itanga kumenya ibizakurikiraho inzira uzacamo ejo ukwiriye kuyiyoboza Imana uyu munsi, Ezira 8:21(Maze ntegekera kwiyiriza ubusa aho ngaho kuri uwo mugezi Ahava, kugira ngo twicishe bugufi imbere y’Imana yacu, ngo tuyiyoboze inzira idutunganiye twebwe n’abana bacu bato n’ibintu byacu byose,) Nehemiya ntamahitamo yagize yandi uretse gushaka kumenya iby’urugendo rwe yari afite imbere kandi uburyo yagomba kuyimenya yagomba kuyoboza Imana.


Iyi nyigisho yateguwe na Ev. Caleb. J. UWAGABA
Talk to me Initiative (Nganiriza Inisiyative)