Sunday, April 12, 2020

Mubihe nk’ibi urupfu no kuzuka kwa Yesu bitumariye iki ? By Ev. Caleb

Icyumweru turimo u Rwanda ndetse n’Isi yose harizihizwa Pasika cyangwa gupfa no kuzuka kwa Yesu ariko kandi n’icyumweru cyahuriranye no kwibuka ku nshuro ya 26 Jenocide yakorewe abatutsi muw’ 1994. ibi byose byasanze isi iri mukato katewe n’icyorezo cya Corona Virus COVID 19 ndibaza ko twayivuzeho munyandiko yacu twakoze ifite umutwe ugira uti ( ) mu by’ukuri navuga ko kuva ubwanjye namenya ubwenge cyangwa mu binyacumi 3 bishize (decades) ni ubwa mbere habayeho uruhurirane rw’ibintu nk’ibi bikabera icyarimwe kandi bikagira ingaruka zikomeye kubantu bose muri rusange.

Ariko se ko ibi byose byatukubiseho, urupfu no kuzuka kwa Yesu nk’abizera ruvuze iki? Twifashishije ibyanditswe byera:

1PETRO 2; 24 Ubwe yikoreye ibyaha byacu mu mubiri we abibambanwa ku giti, kugira ngo dupfe ku byaha duhereko tubeho ku gukiranuka. Imibyimba ye ni yo yabakijije.

IBYAHISHUWE 1; 4-5 Ubuntu bube muri mwe n'amahoro biva ku Mana iriho kandi yahozeho kandi izahoraho, biva no ku Myuka irindwi iri imbere y'intebe yayo no kuri Yesu Kristo, ari we mugabo wo guhamya ukiranuka n'imfura yo kuzuka, utwara abami bo mu isi, udukunda kandi watwejeshejeho ibyaha byacu amaraso ye,

YESAYA 53; 4 Ni ukuri intimba zacu ni zo yishyizeho, imibabaro yacu ni yo yikoreye, ariko twebweho twamutekereje nk'uwakubiswe n'Imana agacumitwa na yo, agahetamishwa n'imibabaro. 5 Nyamara ibicumuro byacu ni byo yacumitiwe, yashenjaguriwe gukiranirwa kwacu, igihano kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi imibyimba ye ni yo adukirisha. 
Muri ibi byanditswe nakuyemo amasomo 4 y’ ingenzi:

1 Urupfu
2 Kuzuka
3 Intimba (Imibabaro)
4 Ibyiringiro bishya

Mubyukuri nk’umwanditsi ndetse n’umuvugabutumwa bwiza ntabwo byari byoroshye guhuza ibihe turimo ndetse n’urupfu rwa yesu gusa nakomeje kubitekerezaho ubwo nasabwaga gutanga ikiganiro kuri televiziyo y’igihugu RTV (Rwanda Television) ikibazo gikomeye cyari uguhuza Jenocide yakorewe abatutsi muri 1994 ndetse n’urupfu rwa Yesu ariko uko nkomeza kubitekerezaho nibwo naje kubona amasomo 4 navuze hejuru ubundi yesu iyo aza gupfa ntazuke urupfu rwe twari kuzarufata nk’izabandi bose bamubanzirije ariko rwaje kugira itandukaniro ariwo Muzuko, uyu muzuko ni nawo uduha ibyiringiro by’uko n’abacu twabuze mubihe bitandukanye tuzababona kandi tukongera tukishimana nabo aho niho yavuze ngo imibabaro yacu, intimba amaganya, no gushoberwa kubera ibihe turimo cyangwa twanyuzemo umuzuko we uduha kwongera kubona ubuzima muyindi shusho.

Nakubwira ngo wowe wihebye ubona ko bicitse Yesu ni muzima ashobra kuzura ibyo byose byapfuye kuko ubwe yarazutse kandi haranditswe ngo: Heb 2:18 Kuko ubwo yababajwe no kugeragezwa ubwe, abasha no gutabara abageragezwa bose.
Uyu Yesu turimo kwibuka kuko yamenyereye umubabaro nzi neza igihe nk’iki abasha gutanga umunezero kandi uwo munezero dufite uyu munsi ndetse n’ibyiringiro bifite ikiguzi aricyo rupfu rwa yesu Christo rwaduhesheje ubuzima ndetse n’ibyiringiro bishya no kwongera kubaho Isi yadutwaye abacu n’ibyacu, itugira imfubyi ariko muriwe twabonye ibyiringiro byejo hazaza




Iyi nyigisho yateguwe na Ev. Caleb. J. UWAGABA
Talk to me Initiative (Nganiriza Inisiyative)

No comments:

Post a Comment