Sunday, April 19, 2020

Dore Ibintu 3 imperuka itaba bitarasohora by Ev.Olivier RWANDENZI



Benshi muri iyi minsi kubera ibibazo isi irimo bya COVID 19 batekereje ko wenda ahari ryaba ariyo herezo ry’isi, ndetse abandi bakurikije ibyo NASA yavuze ko hari ikibuye gishobora kugonga isi bagatekereza ko naryo ryaba iherezo ry’isi. Ibi isi iri gucamo muri iyi minsi :ibyorezo, intambara, Ishyanga gutera irindi n’ibindi ...... , n’ibimenyetso by’Imperuka kandi nibyo bibiliya yita kuramukwa k’umugore

Reka Turebere hamwe bino bintu bitatu ndakubwiza ukuri birakuremera ibyiringiro yuko ibi bibazo isi irimo turabivamo vuba, ahubwo icyo nakubaza muri iyi minsi uri gukora amahamba kuko turava muri ibi bihe dusimbuka hagari

1. icya mbere Imperuka izaba mu isi hari amahoro ndetse ni abantu basubiye muri business zabo

Mt 24:38 kuko nk'uko bari bameze muri iyo minsi yabanjirije umwuzure, bararyaga, baranywaga, bararongoraga, barashyingiraga, bageza umunsi Nowa yinjiriye mu nkuge,
Mt 24:44 Nuko namwe mwitegure, kuko igihe mudatekereza ari cyo Umwana w'umuntu azaziramo.

Imperuka izaba isi iri mu mahoro , ndetse ni abantu barasubiye muri business zabo za buri munsi

Yesu yatubwiye muri icyo cyanditse uko byari bimeze mu gihe cya Nowa, Ninako ni umwana w’umuntu azaza bimeze bazaba barongora, bashyingira , barya banywa. Ukomeje hepfo hatubwiye uko umwe azaba ari ku rusyo umwe agende undi asigare bivuze ngo business zizaba zikorwa rwose isi itari mu kato nkaka turimo ubu.

2. Icya kabiri ubutumwa bwiza bugomba kubanza kubwirwa amahanga yose

Mat 24:14 Kandi ubu butumwa bwiza bw'ubwami buzigishwa mu isi yose, ngo bube ubuhamya bwo guhamiriza amahanga yose, ni bwo imperuka izaherako ize. Ubushakashatsi bwa 2018 bwerekanaga ko abarenga miliyaridi 3 batarumva ubutumwa bwiza, mbese abarenga 40% by’abatuye isi ntibaragira amahirwe yo kumva ubutumwa bwiza ngo babwange cg babwemere

NB: aha baba bavuga abantu bataragira amahirwe namwe yo kumva ubutumwa bwiza bwa Yesu.

Aba Bantu bataragerwaho ni ubutumwa bwiza bari mu byiciro bitanu
 1. Gakondo
 2. Buddist
 3. Hindu
 4. Islam
             5. Unreligious (abatagira Idini)

Ndangira ngo Nkwibutse ko buri gihe cyose itorero rya kristo iyo ryibagirwaga ibwirizwa rikuru (Mat 28:19 Great commission) ryahuraga n’ibibazo Urugero: mu itorero rya mbere bahuye n’ingorane zikomeye, ubwo bari bibereye mu munyenga w’ububyutse bw’i Yerusalemu, bibagirwa kujyana ubutumwa mu mu mahanga, bamaze kwica Stefano baratatana bose kubera akarengane babona kujyana ubutumwa ku mpera z’isi Mukundwa, Habakuki yabivuze neza ko hari igihe isi yose izakwira kumenya Uwiteka Hab 2:14 Kuko isi izakwirwa no kumenya ubwiza bw'Uwiteka, nk'uko inyanja y'amazi isendēra.

3. icya gatatu Itorero rizagira agaciro ndetse na influence kubibera byose mu isi

Ezayi 2:2 Mu minsi y'imperuka umusozi wubatsweho inzu y'Uwiteka uzakomerezwa mu mpinga z'imisozi, ushyirwe hejuru usumbe iyindi kandi amahanga yose azawushikira. Ezayi 2:3 Amahanga menshi azahaguruka avuge ati “Nimuze tuzamuke tujye ku musozi w'Uwiteka, ku nzu y'Imana ya Yakobo kugira ngo ituyobore inzira zayo tuzigenderemo.” Kuko i Siyoni ari ho hazava amategeko, i Yerusalemu hagaturuka ijambo ry'Uwiteka. Yesaya yahanuye ko mu minsi y’imperuka  umusozi wubatseho inzu y’uwiteka ariryo torero uzasumba indi misozi ndetse indi misozi ikaza gusaba ubufasha ku itorero

Reka mbanze nkubwire imisozi irindwi iyoboye isi (7 mountains of influence)

1. Ubucuruzi(business), 
   2. Politike(government), 
     3. Itangazamakuru(media)
                               4. Imyindagaduro (Arts and entertainment)
5. Uburezi (education)
6. Umuryango (Family)
    7.  Iyobokamana(religion)

Kino Yesaya yahanuye ntikirasohora , kuko muri rusange itorero ry’Imana ku isi rifite igisuzuguriro.  Abanyamahanga bahagaze kuri iyo misozi yindi bari kutubaza bati Imana yanyu irihe? Ariko igihe kiraje ndetse kirasohoye ubwo Imana igiye kuzana ububyutse budasanzwe noneho iyo misozi yose ikajya ishakira igisubizo mu itorero

Dushingiye ku ngingo eshatu tumaze kureba hejuru, n’igihamya kitwemeza yuko Imana yacu igiye kunamura icumu ku isi maze iyi Coronavirus ikarangira  vuba

Mukundwa iki nicyo gihe gikwiriye dukwiye kwitegura kuko nyuma yaha Imana igiye gukoresha abana bayo ku rundi rwego mwumve kino gihe ntabwo Imana izakoresha gusa abahagarara ku gatuti hoya ahubwo izakoresha buri wese bikurikije nibyo akoramo

 Amen Imana ibahe umugisha mwinshi cyane mwitegura gukoreshwa n’Imana

Iyi nyigisho yateguwe na  Ev. RWANDENZI Olivier
Talk to me Initiative (Nganiriza Inisiyative)


1 comment:

  1. Iy'inyigisho yari ikenewe mugihe nk'iki imitima ya benshi ikutse. Murakoze cyane.

    ReplyDelete